Banki ya Kigali itangije Ikigo giha serivisi Ibigo by’ubucuruzi Bito n’Ibiciriritse (SME)   

SME Response Clinic yaganiriye na Darius Mukunzi, Umuyobozi ushinzwe Serivisi z’amabanki zihabwa Ibigo Bito n’Ibiciriritse muri Banki ya Kigali ku byerekeranye n’uburyo banki iha serivisi Ibigo by’Ubucuruzi Bito n’Ibiciriritse (SME). Banki ya Kigali ni iyo banki y’ubucuruzi nini kurusha izindi mu Rwanda; ikaba iha serivisi Ibigo by’Ubucuruzi Bito n’Ibiciriritse birenga 200.000 mu gihugu. Muri Nyakanga 2022, Banki ya Kigali yatangije Ikigo giha serivisi Ibigo by’Ubucuruzi Bito n’Ibiciriritse ; ubwo bukaba ari uburyo bwo guha  serivisi z’imari n’iz’ubujyanama abacuruzi bashaka guteza imbere ibigo by’ubucuruzi byabo.

Mu rwego rwo guha serivisi icyo cyiciro cy’abakiliya, Banki ya Kigali yifashisha abayobozi bashinzwe imibanire n’abakiliya n’abakozi bakorera ku Kigo giha serivisi Ibigo by’Ubucuruzi Bito n’Ibiciriritse (SME) no kuri buri shami rya banki.   Aba bakozi bashinzwe gufasha banki kumva neza ibyo abakiliya bo mu cyiciro cya SME bakeneye;  ibyo bigatuma Banki ya Kigali ibasha kunoza ibicuruzwa na serivisi zijyanye n’ibyo bikenewe uko bigenda bitera imbere ku isoko. By’agahebuzo, amashami ashinzwe Ubucuruzi n’ashinzwe Inguzanyo mu kigo giha serivisi Ibigo by’ubucuruzi Bito n’Ibiciriritse (SME) arakorana cyane; ibyo bikoroshya ifatwa ry’ibyemezo bikanagabanya igihe abakiliya bo mu cyiciro cya SME bakoresha kugirango babone  ibicuruzwa byo mu rwego rw’imali bagura muri banki.

Banki ya Kigali kandi yifashisha ibikorwaremezo bya Leta kugirango ibone abakiliya bashya bo mu cyiciro cya SME kandi igaha Ibigo Bito n’Ibiciriritse (SME) inguzanyo ku ijanisha ry’inyungu ryiza. Banki yagize uruhare mu gusohora amafaranga Leta ishyira muri Renewable Energy Fund none ubungubu ikaba igira uruhare mu gutanga amafaranga y’Ikigega  Economic Recovery Fund (Hatana 2) n’ay’ikigega Export Growth Fund. Banki ya Kigali kandi iri gukora ku ngamba igamije guha Ibigo Bito n’Ibiciriritse (SME) serivisi zitari izo mu rwego rw’Imari, ikaba itegura kongera ubushobozi bujyanye n’Insanganyamatsiko nko kugira ubumenyi mu bijyanye no gukoresha imari mu Bigo Bito n’Ibiciriritse n’imisoro. Serivisi zitari iz’imari kandi zizazana Amakelebe y’Ubucuruzi n’Uburyo bwo guhuza ibigo bigira uruhare mu ruhererekane rw’ibicuruzwa mu gihe cyiri imbere.

Sura ikigo cya SME Center  cya Banki ya Kigali muri Kigali, mu Nyubako ya CHIC, mu Igorofa ya kabiri kugirango umenye byinshi ku byerekeranye n’ibyo banki itanga muri icyo cyiciro cy’abakiliya.